Gicumbi: Icuraburindi riracyari ryose nubwo ibikorwaremezo by’amashanyarazi bihari

3

Abaturage bo mu Murenge wa Byumba, Akarere ka Gicumbi, babangamiwe n’uko begerejwe umuriro w’amashanyarazi ariko bakaba bakiri mu icuraburindi kuko umuriro bafite utabasha no kujya muri telefoni cyangwa ngo ube wanakwatsa itara.

Aba baturage bavuga ko iyo barebye muri mubazi (konteri) babona bafite umuriro ariko bajya kuwukoresha bikaba iby’ubusa kandi uba unashira muri mubazi.

Bashimangira ko byababereye imbogamizi cyane mu buzima bwabo bwa buri munsi ku buryo barara mu mwijima kandi bitwa ngo bafite amashanyarazi.

Uzabakiriho Aimable wo mu Mudugudu wa Umurara, yagize ati: “Iki kibazo kirakabije  rwose ntabwo tubona umuriro. Igihe kiragera twajya kubona tukabona amatara yose arazimye, ukaba utabasha no kurahurira umuriro muri telefoni ngendanwa kandi ubona muri mubazi urimo. Ubuyobozi bwacu turabusaba kudukura muri iri curaburindi.”

Mugenzi we utifuje ko amazina ye atangazwa yagize ati: “Uramutse witegereje izi ngo ziri hano, zifite amasinga aca hejuru ariko nta muriro ubarizwamo, turasaba ubuyobozi kudufasha bakazaza kuturebera ikibazo aho kiri kugira ngo natwe ducane nk’abandi”.

Ndayishimiye Cleophas na we yemeje ko kuba barahawe umuriro ufite integerinke bibashyira mu icuraburindi kandi bawufite muri mubazi zabo, nawe asaba ko ubuyobozi bwabakorera ubuvugizi bagahabwa umuriro.

Uwera Parfaite, Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Gicumbi ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, yabwiye Imvaho Nshya iki kibazo ari bwo bakimenya ariko ko bagiye guhita bagikurikirana mu maguru mashya bakoherezayo inzobere hagamijwe kureba ahari ikibazo gituma abaturage batabona umuriro.

Ati: “Ikibazo cy’umuriro muke ntabwo twari tukizi ariko tugiye kureba uburyo twohereza itsinda rigenzura impamvu hatabona umuriro uhagije. Turizeza abaturage bacu ko bizakemuka mu gihe kidatinze.”

Kugeza ubu mu Karere ka Gicumbi kose ingo zicaniwe ku kigera cya 55% bigendanye nuko hari abatuye ahatari hagezwa amapoto y’amashanyari cyangwa ngo babe barahawe amashanyarazi.

About The Author

Gate of Wise

Gate of Wise empowers you to stay ahead in digital innovation with insightful and accurate news on AI, blockchain, and digital currencies. We also offer smart advertising solutions to seamlessly connect your brand with a tech-savvy and engaged audience.

3 thoughts on “Gicumbi: Icuraburindi riracyari ryose nubwo ibikorwaremezo by’amashanyarazi bihari

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Next Post

Yago azisanga mu butabera yahunze kubera ibyaha yarakurikiranyweho. Dr murangira umuvugizi wa RIB.

Tue Sep 3 , 2024
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira Thierry, yatangaje ko umunyamakuru akaba n’umuhanzi Nyarwaya Innocent wamenyekanye nka Yago Pon Dat, yahunze mu gihe yakurikiranwagaho ibyaha biremereye. Yago wari umaze iminsi ahanganye na bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, aherutse gutangaza ko ahunze u Rwanda, asobanura ko yabitewe n’abashatse kumwica. Yagize ati […]

You May Like

Breaking News