Rusizi: Umukobwa w’imyaka 27 yapfiriye mu kabari

Umukobwa witwa Niyonsenga Diane w’imyaka 27 ukomoka mu karere ka Huye, yasanzwe mu kabari yakoragamo mu karere ka Rusizi yapfuye.

Byabereye mu Mudugudu wa Kabeza, Akagari ka Gihundwe Umurenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi ku wa 24 Nyakanga 2024.

Saa munani z’ijoro nibwo abaturanyi ba nyakwigendera bumvise atakira mu nzu batabaza irondo ry’umwuga rihageze risanga yamaze gushiramo umwuka.

Nyakwigendera yari yafunze mu masaha yagenwe yo gufunga utubari, aragenda aza kugaruka saa saba z’ijoro ari kumwe n’umusore w’imyaka 26 ari na we bikekwa ko yishe uyu mukobwa amunize.

Nyakwigendera yakoraga mu kabari k’urwagwa n’ibindi binyobwa, acururiza undi muntu. Muri ako kabari harimo icyumba yararagamo.

Abaturanyi bumvise atakira muri icyo cyumba ariko bumva atatse rimwe gusa ahita aceceka bahita bahamagara nyiri akabari, ahamagaye yitabwa n’umusore bari bahoranye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe Iyakaremye Jean Pierre yabwiye IGIHE ko saa munani z’ijoro aribwo yahamagawe n’ubuyobozi bw’irondo ry’umwuga rimumenyesha ko ritaye muri yombi umusore ukekwaho kwica uyu mukobwa.

Umusore afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kamembe, umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku Bitaro bya Gihundwe.

Iyakaremye yashimiye abaturage batanze amakuru hakiri kare bigatuma irondo rihagera rigafata uyu musore, asaba abaturage kurushaho kwicungira umutekano.

About The Author

Gate of Wise

Gate of Wise empowers you to stay ahead in digital innovation with insightful and accurate news on AI, blockchain, and digital currencies. We also offer smart advertising solutions to seamlessly connect your brand with a tech-savvy and engaged audience.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Next Post

Minisitiri Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc yirukanywe ku mirimo ye

Thu Jul 25 , 2024
Mujawamariya Jean D’arc wari usanzwe uyobora minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo yirukanwe ku nshingano nyuma yuko agomba kubanza kubazwa ibyo akurikiranyweho. Mu itangazo riturutse mu biro bya minisitiri w’intebe rimaze kujya ahagaraga mu kanya gashize rivuga ko uwahoze ari minisitiri wa minisiteri y’abakozi ba leta n’umurimo ko yirukanwe ku mirimo […]

You May Like

Breaking News