Tanzania : Perezida Samia Suluhu yakuye mu nshingano abarimo minisitiri w’ububanyi n’amahanga

Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzaniya yirukanye abaministri babiri muri guverinoma ayoboye, harimo n’uwari ufite mu nshingano ububanyi n’amahanga bw’iki gihugu.

Itangazo ryavuye mu biro by’umukuru w’igihugu bya Tanzaniya ku cyumweru ryatangaje ko Perezida Hassan yirukanye ministri ushinzwe umuryango w’Afurika y’uburasirazuba, ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, January Makamba, n’ushinzwe itumanaho n’ikoranabuhanga, Nape Nnauye.

Kurundi ruhande Izi mpinduka zibaye mu gihe Perezida Hassan ashaka kugirirwa icyizere n’ibihugu bikomeye by’amahanga kuri gahunda ye yo kuvugurura ubukungu na politiki mu gihugu, harimo kudohorera amashyaka atavuga rume n’ubutegetsi n’intangazamakuru.

Nape avanywe ku mirimo ye hashize icyumweru kimwe nyuma y’amagambo yavuze yagaragaye mu mashusho avuga ko ibizava mu matora bizaterwa,nubwo , yaje gusaba imbabazi avuga ko ayo magambo yayavuze mu buryo bwo gutebya. Ariko impirimbanyi n’abakoresha imbuga mpuzambaga bavuze ko ayo magambo akerensa gahunda ya Perezida Hassan yo gushaka guteza imbere demukarasi mu gihugu.

Magingo aya Nta mpamvu yigeze itangwa ku ikurwa ku kazi ryabo. Yaba Makamba cyangwa Nnuye nta numwe wahise yemera ubusabe bw’itangazamakuru bwo kugira icyo babivugaho.Aba bombi ni abantu bakomeye mu ishyaka rya Chama cha Mapinduzi (CCM) riri ku butegetsi muri Tanzaniya.

Hassan yashyizeho Mahmoud Thabit Kombo kuba ministeri w’ububanyi n’amahanga mushya na Jerry Silaa kuba uw’itumanaho n’ikoranabuhanga. Presidansi yavuze ko abandi baministri babiri n’ababungirije bahawe imyanya

Kuva mu mwaka wa 2021, Perezida Suluhu Hassan agiye ku butegetsi, ashimwa kuba yaradohoye ku batavuga rumwe n’ubutegetsi n’abaharanira uburenganzira bwa muntu ugereranije n’uwo yasimbuye.

About The Author

Gate of Wise

Gate of Wise empowers you to stay ahead in digital innovation with insightful and accurate news on AI, blockchain, and digital currencies. We also offer smart advertising solutions to seamlessly connect your brand with a tech-savvy and engaged audience.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Next Post

Saddam Hussein nyuma yo gutera amahane ngo afungurwe yimuriwe mu bundi buroko naho umwami w’abami Haile Selassie abona izuba

Tue Jul 23 , 2024
uyu munsi tariki 23 Nyakanga ni umunsi wa 205 w’umwaka ugendeye kuri kalendari ya Geregori; Hasigaye iminsi 161 kugira ngo umwaka ugere ku umusozo Ku cyumweru cya tariki 23 Nyakanga 2023, Muri Diyosezi ya Butare, Paruwasi ya Mugombwa habereye igikorwa cyo gusoza urugendo rw’Isanamitima icyiciro cya 2, rwakozwe n’abakrisitu 303. . […]

You May Like

Breaking News