Umutoza ’Vigoureux’ wazamuye abakinnyi benshi b’i Rubavu yatabarutse

Umutoza Mungo Jitiada, wamenyekanye cyane nka ’Vigoureux’, wazamuye abakinnyi abakiri bato mu mupira w’amaguru mu Karere ka Rubavu yitabye Imana azize uburwayi.

Iyi nkuru y’akababaro yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 12 Nzeri 2024 aguye mu Bitaro Bikuru bya Gisenyi.

Umutoza ’Vigoureux’, yari amaze igihe kirekire arwaye imitsi, kubura amaraso ndetse na hépatite C kugeza ubwo yamaze igihe kuva mu nzu byarabaye ikibazo gikomeye.

Ubu burwayi bwaje kugenda buhindagurika kuko rimwe na rimwe akaguru kamwe kagira ‘paralysie’, ikindi gihe kakabyimba.

Vigoureux yari umwe mu batoza bakomeye mu Karere ka Rubavu, azibukirwa kuba yarazamuye abakinnyi bakiri bato bakavamo abakinnyi abakomeye muri Ruhago y’u Rwanda.

Uyu mugabo yakiniye Etincelles igishingwa 1980 na Mbere yaho gato yitwa Pfunda FC.

Mu Rwanda hari amazina y’abakinnyi bakomeye bamunyuze mu biganza nka Niyonzima Haruna ukinira uheruka gutandukana na Rayon Sport mu munsi ishize, Tuyisenge Jacques, Bizimana Djihad ukinira FC Kryvbas yo muri Ukraine, Hakizimana Muhadjiri [Police FC], Nizeyimana Mirafa [wakiniye amakipe arimo Police FC na Zanaco FC], Habimana Hussein, Imanizabayo Florence wakiniye Rayon Sports y’Abagore n’abandi benshi.

About The Author

Gate of Wise

Gate of Wise empowers you to stay ahead in digital innovation with insightful and accurate news on AI, blockchain, and digital currencies. We also offer smart advertising solutions to seamlessly connect your brand with a tech-savvy and engaged audience.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Next Post

Ifaranga rya Pi ryemewe mu mategeko muri Vietnam binyuze mu itegeko rishya ry'ubucuruzi bukoreshwa mu ikoranabuhanga

Thu Sep 12 , 2024
Vietnam yafashe intambwe ikomeye mu guha agaciro no kugenzura amafaranga y’ikoranabuhanga ubwo yashyiragaho itegeko rishya rigenga ubucuruzi bukoresha ikoranabuhanga. Iri tegeko ryemereye amafaranga y’ikoranabuhanga, harimo na Ifaranga rya Pi, kumenyekana mu mategeko kandi riteganya uburyo bwo gusoresha no kugenzura. Itegeko rishya ry’ubucuruzi bukoreshwa mu ikoranabuhanga Inteko Ishinga Amategeko ya Vietnam […]

You May Like

Breaking News